Letras

Umva uko ngusabira nsenga nsaba imana Kukuzuza amahoro ye ahore atemba nk'uruzi Ineza ye ikomeho irenge n'urubyaro Ikugire isoko y'umugisha kuba hafi n'abakure Kandi iminsi mibi niza,ntizagutere kuva ku mwami Uzakomere wibuke ko ari we ugenga byose N'igihe inzozi zabaye impamo urenze aho wakekaga Uramenye ntuzimike izindi mana ngo wibagirwe uhoraho Uko niko ngusabira Uko niko ngusabira Uko niko ngusabira Uko niko ngusabira Hari igihe intege nke zizagusanga,ukaba wateshuka Ndagusabira kuzambikwa imbaraga Ntuzibagirwe umusaraba Mana ntuzareke ko ijwi ryawe riceceka Uzahore umwibutsa urukundo umukunda Kandi iminsi mibi niza,ntizagutere kuva ku mwami Uzakomere wibuke ko ari we ugenga byose N'igihe inzozi zabaye impamo urenze aho wakekaga Uramenye ntuzimike izindi mana ngo wibagirwe uhoraho Uko niko ngusabira Uko niko ngusabira Uko niko ngusabira Uko niko ngusabira Kuko n'iminsi mibi yemeza ko Mana uri mwiza Ineza yawe ntigira iherezo no mu minsi yacu mibi Mana uri mwiza,uri mwiza Ineza yawe ntigira iherezo
Writer(s): Elie Bahati, Benko Nkiko Lyrics powered by www.musixmatch.com
instagramSharePathic_arrow_out